UBUVUZI BUGENERWA IMPUNZI MU RWANDA

16/08/2023

HCR iramenyesha impunzi zo mu Rwanda ko ifite ibibazo by’igabanuka ku ngengo y’imari mu bikorwa byayo byose harimo n’ibikorwa by’ubuvuzi. Kubera izo mpamvu , inkunga ihari muri HCR ni igenewe abarwayi boherejwe mu bitaro ku mpamvu z’uburwayi bucyeneye ubutabazi cyangwa ubuvuzi bwihuse hagamijwe kurengera ubuzima bwabo.

Niba uri impunzi ibarizwa mu nkambi ukaba ucyeneye kwoherezwa mu bitaro hanze y’inkambi, usabwe kwegera umufatanyabikorwa wa HCR-Save the Children ushinzwe ubuvuzi mu nkambi.

Ku mpunzi zo mu mijyi, HCR yabafashije kwiyandikisha mu bwishingizi mu kwivuza bugenerwa abaturage, ukaba ugomba kwishyura 10% by’igiciro cyose cya serivisi z’ubuvuzi wahawe. Niba utarakiriye SMS ikumenyesha ko wanditswe, usabwe kugana icyigo cyakirirwamo impunzi cyikwegereye, cyangwa ukatwandikira kuri [email protected] cyangwa ugahamagara kuri terefone zikurikira: 0788302718/788383608/0788313705