Gusaba ubuhungiro mu Rwanda 


Sitati ’ubuhunzi mu Rwanda itangwa na Leta y’U Rwanda aho kuba HCR.  Niba ukeneye kurengerwa n’amahanga , wasaba ubuhungiro Leta y’U Rwanda.  Ni ingenzi kuvugisha ukuri igihe cyose utibagiwe n’icyifuzo cyo kwaka ubuhungiro mu Rwanda kuva ugihura n’abahagarariye Leta y’u Rwanda ( ibi bireba  n’abanyura ku  kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kigali).  Iyo  utahaye amakuru  y’ukuri abayobozi b’u Rwanda kandi ngo uyatangire ku gihe, bishobora gutuma idosiye  isaba ubuhungiro  itemerwa. Umuryango utegamiye kuri Leta witwa Prison Fellowship Rwanda (PFR), umufatanyabikorwa wa HCR,  ushinzwe gutanga ubujyanama mu by’amategeko ku byerekeye n’inzira zo gusaba ubuhungiro. Niba utizeye neza uko watanga ubusabe bwawe cyangwa inzira wanyuramo cyangwa ufite ibindi bibazo, wakwegera umufatanyabikorwa” Prison Fellowship Rwanda” (PFR)  ikabagira inama. Mwajya kuri ‘’Centre communautaire y’i Gikondo  kuwa kabiri cyangwa kuwa kane guhera saa tatu za mu gitondo (9h00) kugeza saa cyenda (15h00) Niba mukeneye umusemuzi mu rundi rurimi  rutari igifaransa, icyongereza cyangwa ikinyarwanda, mwahamagara kuri 0788381857 kugirango  babahe umunsi bazabafashirizaho no kuba bashatse umusemuzi wo kubafasha mu rurimi mwisanzuyemo. Ibaruwa yanyu isaba ubuhungiro igomba kugezwa ku biro bishinzwe abinjira n’abasohoka (Immigration) mu gihe cya vuba.  Niba muri i Kigali, mugomba kwegera ibiro bikuru  bishinzwe abinjira n’abasohoka (DGIE) biri ku Kacyiru mwitwaje  ibaruwa ebyiri zo kwaka ubuhungiro n’ibindi byangombwa cyangwa inyandiko zafasha mu gusuzuma dosiye yanyu isaba ubuhungiro. Niba mutaratanze icyifuzo cyanyu cyo gusaba ubuhungiro mukigera mu Rwanda, mugomba kwegera ibiro bishinzwe abinjira n’abasohoka (DGIE) byihutirwa. Bibaye byiza nyuma y’umunsi umwe cyangwa ibiri mu kigera mu Rwanda kugirango mumenyekanishe icyifuzo cyanyu cyo gusaba ubuhungiro niyo viza  yanyu yaba itararangira.  Niba mutari muri Kigali, mushobora kwegera umukuru w’umudugudu kugirango mubone amakuru ajyanye naho ibiro by’abinjira n’abasohoka biherereye. Ibaruwa yanyu isaba ubuhungiro igomba kwandikwa mu rurimi mwihitiyemo kandi ikibanda ku makuru akurikira:
  • Umwirondoro wanyu n’amakuru aberekeyeho harimo n’ikibazo cy’umwihariko mwaba mufite
  • Impamvu zatumye muhunga igihugu cyanyu
  • Impamvu zituma mutasubira mu gihugu cyanyu
  • Ese mutekereza ko byabagendekera bite muramutse musubiye mu gihugu cyanyu
  • Kubera iki mwahisemo kuza mu Rwanda
  • Impamvu zabateye kuva mu gihugu cyanyu mwari mwarahungiyemo niba u Rwanda ataricyo gihugu cyanyu cya mbere cy’ubuhunzi
  • Icyo mwifuza kuri Leta y’u Rwanda
Ibiro bishinzwe abinjira n’abasohoka bazababaza ku ibaruwa yanyu isaba ubuhungiro nyuma yo kuyakira.  Muri rusange, ibiro bishinzwe abinjira n’abasohoka bazabaha icyangombwa cy’agateganyo kibemerera kuba mu Rwanda kimara amezi atatu.  nibamara kubaha icyangombwa kibemerera kuba mu Rwanda by’agateganyo, idosiye yanyu izoherezwa muri komite ishinzwe gusuzuma amadosiye  y’abasabye ubuhungiro, Urwego rwa Leta ruzafata umwanzuro ku busabe bwanyu hakurikijwe itegeko numero 13/2014ter. Muzabona ibaruwa y’iyo komite (RSDC) ibemerera cyangwa ibangira ubuhungiro.  Mu gihe ubusabe bwanyu babwanze, mufite uburenganzira bwo kujuririra icyo cyemezo  kwa Minisitiri ushinzwe ubutabazi n’ibiza mu minsi itarenga mirongo itatu(30).    Mu gihe Minisitiri yanze ubujurire bwanyu,  mushobora kugeza idosiye yanyu mu rukiko rukuru. Umufatanyabikorwa wa HCR mu by’amategeko(PFR), ashobora kubagira inama y’uko mwabigenza. Gusaba ubuhungiro k’umuntu usanzwe mu gihugu. Niba muri mu Rwanda ku zindi mpamvu( akazi, amashuri, n’izindi. )  Ariko  kuva mwagera mu Rwanda, hakaba harabaye impinduka   zitatuma musubira mu gihugu cyanyu, mwakwihutira kwegera urwego rw’abashinzwe abinjira n’abasohoka (DGIE) mukabamenyesha izo mpinduka zabaye n’icyifuzo cyo gusaba ubuhungiro.Mushobora kwegera “ Prison Fellowship Rwanda”umufatanyabikorwa wa HCR kugirango abahe ubujyanama mu by’amategeko. Sitati y’impunzi zemewe Niba mwarahawe ubuhunzi mu Rwanda, muzahabwa ikarita iranga impunzi.  Iyo mufite iyo karita, mwemererwa gukorera mu Rwanda.  Niba muba hanze y’inkambi, muzabona ubwisungane mu kwivuza nk’umwenegihungu cyangwa undi munyamahanga.   HCR nta bufasha buhoraho cyangwa ubw’amafaranga itanga ku mpunzi zo mu mugi cyangwa se abasaba ubuhungiro. Impunzi n’abasaba ubuhungiro bashobora gusaba kujya mu nkambi iyo bamaze kubona icyangombwa kibemerera kuba mu Rwanda by’agateganyo. Mu nkambi bashobora kubonayo serivisi zijyanye n’ubuvuzi ndetse n’uburezi.  Ushaka kujya mu nkambi abisaba minisiteri ishinzwe ubutabazi n’ibiza. Ikitonderwa Gutuzwa mu  mahanga ntabwo ari uburenganzira ku mpunzi.  Impunzi zose ntabwo zizatuzwa mu gihugu cya gatatu.  U Rwanda rwemerera impunzi  gutuzwa mu gihugu hagendewe ku itegeko rigenga ubwenegihugu. HCR kandi ifasha gahunda za Leta zo gucyura  impunzi zifuza gutahuka ku bushake mu bihugu byazo.  Serivisi za  HCR zose zitangwa nta kiguzi harimo nizo kujya gutuzwa mu gihugu cya gatatu. Bityo umuntu wese ubasaba amafaranga abizeza kubatwara mu gihugu cya gatatu aba akoze forode, watanga amakuru kuri: [email protected] Serivisi za Protection Niba mufite ibibazo bikeneye ubufasha bwa protection, mwakwegera ibiro bya  ‘’protection’’ biri muri buri nkambi. Ku mpunzi zo mu mugi, Centre Communautaire ya Gikondo iba ifunguye kuva ka wa mbere kugera kuwa kane guhera saa tatu (9h00) kugeza saa kumi (16h00).