Amarushanwa y’ibikorwa by’ubucuruzi ku nkunga ya YouthConnekt 2023

Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) ku bufatanye na Minisiteri y’ Urubyiruko (MINIYOUTH) iramenyesha Urubyiruko rwose rw’impunzi ziba mu Rwanda rufite Imishinga yatangiye gukora rubyifuza, kwihutira kwiyandikisha mu marushanwa ya “Business Competition & Award among Youth Refugees in Rwanda”.  

 Ibyo uwitabira amarushanwa agomba kuba yujuje ni ibi bikurikira:  

  1. Kuba ari impunzi; 
  2. Kuba afite hagati y’ imyaka 16-30 y’amavuko; 
  3. Kuba umushinga we ubyara inyungu  
  4. Kuba Company/Koperative yanditse ku buryo bwemewe n’amategeko (ibyangombwa bitangwa n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe amakoperative (RCA), Akarere, Umurenge  cyangwa RDB). 

N.B : Kugirango Koperative izemererwe kurushanwa, ni uko byibura 70% by’abayigize baba ari urubyiruko. Ku byerekeye abakora ubucuruzi badafite ibya ngombwa byemewe n’amategeko bazashaka kwitabira irushanwa, barasabwa kuzerekana icyemezo bazahabwa n’umufatanyabikorwa cyangwa umuyobozi w’inkambi.  

  • Kuba umushinga we utarigeze uterwa inkunga y’amafaranga binyuze muri YouthConnekt cyangwa abandi baterankunga.  
  • Kuba ufite/ifite konti muri Banki cyangwa mu Kigo cy’imari giciriritse/SACCO  

Dosiye y’usaba igomba kuba igizwe n’ibi bikurikira: 

  1. Ibaruwa yandikiwe Umuyobozi w’inkambi cyangwa se (ku mpunzi ziba mu mujyi) Umukozi ushinzwe kwiteza imbere kw’impunzi (Livelihood Specialist) muri MINEMA
  2. Inyandiko isobanura umushinga (business plan) 
  3. Ifishi yuzuzwa n’usaba kwitabira amarushanwa 
  4. Kopi y’icyangombwa gitangwa na RCA cyangwa RDB cyangwa icyemezo gitangwa n’umuyobozi w’inkambi cyangwa umufatanyabikorwa 

Aho kwiyandikisha bikorerwa 

Ku mpunzi ziba mu nkambi, kwiyandikisha bizakorwa hifashishijwe Ifishi (Form) yabigenewe iboneka ku biro by’ Umuyobozi w’inkambi.  

Ku mpunzi zituye mu mijyi, iyo fishi bazayisanga kuri Community Center iherereye i Gikondo cyangwa i Huye cyangwa ku biro bya HCR i Nyamata. 

Kubifuza gukoresha ikoranabuhanga: Dosiye isaba ikubiyemo ibyavuzwe hejuru ishobora koherezwa binyuze kuri e-mail: [email protected]    

NB: – Kwiyandikisha bizatangira taliki ya 16 Kanama bikazarangira tariki ya 25 Kanama 2023

  • Abagore hamwe n’abantu bafite ubumuga barashishikarizwa kuzitabira iri rushanwa 

Icyitonderwa 

  1. Abazatsinda bazahabwa amafaranga azabafasha kuzamura imishinga yabo 
  2. Imishinga 100 izahiga iyindi ni yo izahabwa inkunga 
  3. Nta mafaranga cyangwa ibindi bisabwa uwiyandikisha mu marushanwa 

Ukeneye ibindi bisobanuro yabariza kuri numero zikurikira: 

0788592334 cyangwa 0788412910