ITANGAZO RYAGENEWE ABASHAKA KWIYANDIKISHA MU MAHUGURWA YO GUHANGA UDUSHYA YA UNLEASH

14/08/2023

UNLEASH Rwanda ni gahunda y’iminsi irindwi yo kwitoza guhanga udushya hagamijwe kugera ku ntego z’iterambere rirambye (Sustainable Development Goals). 

Urubyiruko rurenga igihumbi rufite hagati y’imyaka 18 na 35 baturutse mu mpande zose z’isi bazateranira i Kigali mu cyumweru cya mbere cy’ukwezi kwa cumi na kabiri (Ukuboza), kugira ngo bafatanye gutekereza ku bisubizo by’ibibazo bitandukanye (challenges) dusanga ku isi muri ibi bihe. 

Umuryango UNLEASH utanga ubufasha bwose ku mpunzi zizitabira ayo mahugurwa, hagamijwe kugira ngo aya mahirwe agere kuri bose, aho ari ho hose, hatitawe ku mikoro umuntu asanganywe. 

Ni kuri iyo mpamvu, ku bufatanye na HCR na MINEMA, UNLEASH yifuza guha amahirwe impunzi zigera kuri 150 ziba mu Rwanda. Abazatoranywa bazitabira amahugurwa mu guhanga udushya kuva ku itariki ya 2 kugeza ku ya 8 z’Ukuboza azabera i Kigali. Muri ayo mahugurwa, urubyiruko ruzakorera mu matsinda mato y’abantu batanu, batekerereze hamwe ku ikibazo bifuza gukemura, batange ibitekerezo ku buryo bumva icyo kibazo cyabonerwa umuti, kandi berekane uko kubona uwo muti byashyirwa mu bikorwa. 

Nyuma, hazakurikiraho ko buri tsinda rigaragaza igitekerezo cyabo imbere y’abakemurampaka (judges) hagamije kwishimira icyo twakwita “intangiriro y’urugendo rwo guhanga udushya” (the start of an innovation journey). 

Nyuma ya gahunda y’amahugurwa y’iminsi irindwi (innovation lab), UNLEASH iha abitabiriye amahurwa bose uburenganzira ku rubuga rw’umuryango mugari wa UNLEASH basangira amakuru ku mahirwe (opportunities) n’abandi bagize uwo muryango, inzobere, abatoza n’abandi bafatanyabikorwa. 

Ku bindi bisobanuro, mwasura urubuga https://unleash.org/rwanda/ 

Kwiyandikisa bikorwa hakoreshejwe ikoranabuhanga ku rubuga http://bit.ly/UNLEASH-UNHCR, bikazarangira ku itariki ya 30/08/2023.  

Nyuma yo kwiyandisha, UNLEASH izatoranya abazajya mu mahugurwa i Kigali hagendewe ku makuru abiyandikishije bazaba batanze. 

N.B. : Uwifuza kumenya amakuru basaba mbere yo kujya ku ikoranabuhanga yakwegera umukozi wa PFR ukorera kuri Community Center imwegereye akamenyeshwa amakuru basaba, akayategura mbere yo kuyashyira muri FORM/FORMULAIRE y’ikoranabuhanga.