Year: 2024

Akazi Muri GBS – nta experience usabwa!

Muraho neza!

Waba warasoje kwiga cyangwa uri hafi gusoza kandi ushaka akazi?

UNHCR hamwe na EF Rwanda bishimiye kukumenyesha ko hari tests z’Igifaransa zakugenewe kugirango uhabwe amahugurwa avukamo akazi mu mirimo ya GBS( Global Business Services). Urugero: Customer service, IT support, accounting and finance, HR, software engineering, n’ibindi. Akarusho nuko nta experience y’akazi usabwa!

Niba utizeye level uriho mu Gifaransa, ntugire ikibazo  – wowe gerageza uko ushoboye! ?

Zirikana ibi bikurikira mbere yuko utangira test:

  • Ukeneye ecouters zifite microphone ndetse na internet imeze neza.
  • Kugice cya 2, usabwa kuvuga cyane kugirango ijwi ryawe ryumvikane

Ugize ikibazo, bandikire kuri WhatsApp: https://wa.me/250793761705

➡️Itariki ntaregwa ni 23/12/2024.

Tukwifurije amahirwe masa!

Information on Mpox virus disease

Mpox- Overview 

Mpox, previously known as monkeypox, is a viral illness caused by the monkeypox virus, a species of the genus Orthopoxvirus. Mpox is an infectious disease that can cause a painful rash, enlarged lymph nodes, fever, headache, muscle ache, back pain and low energy. Most people fully recover, but some get very sick. 

Transmission  

Mpox spreads from person to person mainly through close contact with someone who has Mpox, including members of a household. Close contact includes skin-to-skin (such as touching or sex) and mouth-to-mouth or mouth-to-skin contact (such as kissing). It can also include being face-to-face with someone who has Mpox (such as talking or breathing close to one another, which can generate infectious respiratory particles). 

Symptoms  

The below listed symptoms of Mpox can appear as early as 2 days or as late as 21 days after exposure: 

  • Rash  
  • Fever  
  • Sore throat  
  • Severe headache  
  • Muscle aches 
  • Back pain
  • Low energy 
  • Swollen lymph nodes.   

Hygiene and Prevention Measures 

Wash your hands frequently with soap and water or use alcohol-based hand sanitizer. 

  • Avoid contact with someone showing signs of Mpox, such as rash, fever and swollen lymph nodes
  • avoid touching items in shared spaces and disinfect shared spaces frequently;   
  • Follow health advisories and guidelines issued by the Ministry of Health on prevention and management, as well as guidelines by the Ministry of Education for Students.  

NB: Anyone experiencing symptoms should contact the UNHCR health partner if they live in the camps or visit the nearest health facility if they live in urban areas.  

For urban refugees in Kigali in need of medical assistance but not yet enrolled in CBHI (Community-Based Health Insurance), please call the protection number 0788383608 to receive assistance. 

Itangazo ry’akazi kuri SPS 

Mu muryango SPS, turishimiye kumenyesha ubufatanye bwacu n’ubuyobozi bw’ibanze mu gucunga amavuriro adakoreshwa mu bice by’icyaro hirya no hino mu gihugu. 

Iki gikorwa ni kimwe mu bikorwa bigize  intego y’igihe kirekire cy’imyaka 5 twihaye ( 5 years Strategic Plan ya SPS ) yo kwegereza abaturage serivisi z’ubuvuzi, hagamijwe kugera ku mubare wa 5% w’amavuriro adakoreshwa. 

Mu rwego rwo gushyira mu bikorwa iki gikorwa, twishimiye gutanga amahirwe y’akazi ku mpunzi zujuje ibisabwa. 

Ibisabwa ku bakandida ni ibi bikurikira: 

– Icyemezo cy’ubuhungiro cyemewe 

– Icyemezo cyemewe  cy’abaganga gitangwa na Ministère y’Ubuzima ( MINISANTE )  

– Ubunararibonye mu rwego rw’ubuvuzi nibura imyaka 2 

– Icyangombwa cy’uko utakatiwe n’urukiko gitanzwe vuba 

Niba wujuje ibyo bisabwa kandi wifuza aya mahirwe, twohereze ubusabe bwawe kuri [email protected]

Twishimiye gukorana namwe! 

Murakoze 

ITANGAZO: KWANDIKWA MU BWISUNGANE MU KWIVUZA 2024-2025

UNHCR yishimiye kumenyesha impunzi zose zibarizwa mu mijyi hamwe n’abanyeshuri biga baba ku ishuli ko kwiyandikisha mu bwisungane mu kwivuza (CBHI) kuva  Nyakanga 2024 kugeza muri Kamena 2025 byarangiye. Hashingiwe kuri gahunda ya Guverinoma y’u Rwanda yo gushyira impunzi zo mu mijyi mu bw’isungane mu kwivuza (CBHI) UNHCR yohereje urutonde rugaragaza ibishingirwaho mu kwiyandikisha mu bwisungane mu kwivuza (CBHI) aribyo bikurikira :

  • Impunzi zibarizwa mu mijyi zifite indangamuntu zitararangira, harimo n’abo bafite mu nshingano bari munsi y’imyaka 16.
  • Abanyeshuri baba mu nkambi bakurikira amasomo yabo hanze y’inkambi bafashwa na HCR cyangwa n’abafatanyabikorwa mu burezi.

UNHCR yohereje SMS kuri nimero ya telefoni ya buri muntu wiyandikishije muri CBHI. Niba wujuje ibisabwa ukaba utarabonye SMS, hamagara ibiro bya HCR bishinzwe kurengera impunzi cyangwa wegere ikigo  kikwegereye cyakirirwamo impunzi, cyangwa uhamagare ku mirongo ya telefone ikurikira 0788302718/0788383608, cyangwa utwandikire kuri imeri [email protected] ugaragaze izina ryawe, nomero y’ikarita ndangampunzi, nimero yawe ya sitati na nimero yawe ya telefone yanditswe muri HCR.

Ku banyeshuri baba hanze y’Inkambi, mushobora kugana World Vision cyangwa akakozi ba protection bari hafi yanyu.

Niba warahawe Sitati y’impunzi na leta y’u Rwanda ariko ukaba utarahabwa ikarita ndangampunzi, cyangwa uherutse guhindura indangampunzi yawe ukaba utarabimenyesheje HCR, usabwe kugana ibiro bishinzwe kurengera impunzi cyangwa ugahamagara telefone yacu yakirirwaho ibibazo by’ impunzi cyangwa ukatwandikira kuri aderesi imeri yanditse hejuru. Wibuke gushyiramo izina ryawe, numero yawe ya sitati y’ubuhunzi ndetse na numero y’indangampunzi yawe mu gihe wifuza kugana biro ya HCR.  Ku banyeshuri biyishyurira ishuri cyangwa Kaminuza hanze y’inkambi, mwakwegera World Vision , umufatanyabikorwa wa HCR ushinzwe uburezi kugirango mushyirwe muri bwisungane mu kwivuza (CBHI).

Tubamenyesheje ko kubera ingengo y’imari idahagije, ubufasha mu buvuzi bwibanda  kubafite uburwayi bucyeneye ubutabazi bwihuse buhabwa impunzi n’abasaba ubuhunzi ariko batanditse mu bwisungane mu kwivuza (CBHI).

Wirindira ko urwara ngo ubone kubaza uko ubwisungane bwawe mu kwivuza buhagaze!

Murakoze.