Buruse zitangwa ku bufatanye bwa Mastercard Foundation na USIU-Africa

Inshamake ya Buruse 

United States International University-Africa (USIU-Africa) ku bufatanye na Mastercard Foundation bashyizeho gahunda yo gufasha urubyiruko rwo muri Afurika kubona uburezi muri kaminuza igezweho ku isi. Uru rubyiruko ni urufite imbogamizi zitanduaknye zirimo kutagira amikoro ahagije, guhezwa inyuma bishingiye ku gitsina,  ubuhunzi, cyangwa ubumuga.   

Iyi gahunda ya Mastercard Foundation muri USIU-Afurika izatanga buruse ku banyafrika bakiri bato bagiye gutangira icyiciro cya mbere cya kaminuza. Nibarangiza amasomo yabo, aba bazafashwa kwiga bazasabwa kuyobora impinduka aho bakomoka kandi bagire uruhare rufatika mu mpinduka zigansiha ku iterambere ry’umugabane wose, dore ko bazaba bafite impamyabumenyi zemewe ku rwego mpuzamahanga ndetse no mu karere. 

Iyi buruse igenewe urubyiruko rwo muri Afurika cyane cyane abakobwa, Impunzi / Urubyiruko rwakuwe mu byabo, Ababana n’ubumuga. 

** Umwihariko uzahabwa impunzi / Urubyiruko rwimuwe mu byabo ku ngufu, n’ababana n’ubumuga. 

Igihe ntarengwa cyo gusaba – Ku wa gatanu, 24 Ugushyingo 2023 saa 11:59 (Igihe ngenderwaho muri Afurika y’Iburasirazuba) 

Ku bindi bisobanuro, kanda hano