Amarushanwa y’urubyiruko rw’impunzi zifite imishinga (YOUTHCONNEKT AWARDS-2025)

Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) ku bufatanye na Minisiteri y’ Urubyiruko n’Ubuhanzi (MoYA) iramenyesha Urubyiruko rwose rw’impunzi ziba mu Rwanda rufite Imishinga yatangiye gukora rubyifuza, kwihutira kwiyandikisha mu marushanwa ya “Business Competition & Award among Youth Refugees in Rwanda”.

 Ibyo uwitabira amarushanwa agomba kuba yujuje ni ibi bikurikira:

1.             Kuba ari impunzi;

2.             Kuba afite hagati y’ imyaka 16-30 y’amavuko;

3.             Kuba umushinga we ubyara inyungu kandi ufite igishoro kiri munsi y’amafaranga 500,000

4.             Kuba Company/Koperative yanditse ku buryo bwemewe n’amategeko (ibyangombwa bitangwa n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe amakoperative (RCA), Akarere, Umurenge  cyangwa RDB).

N.B : Kugirango Koperative izemererwe kurushanwa, ni uko byibura 70% by’abayigize baba ari urubyiruko. Ku byerekeye abakora ubucuruzi badafite ibya ngombwa byemewe n’amategeko bazashaka kwitabira irushanwa, barasabwa kuzerekana icyemezo bazahabwa n’umufatanyabikorwa cyangwa umuyobozi w’inkambi.

      5. Kuba umushinga we utarigeze uterwa inkunga y’amafaranga binyuze

           muri YouthConnekt cyangwa abandi baterankunga.

6.             Kuba ufite/ifite konti muri Banki cyangwa mu Kigo cy’imari giciriritse/SACCO

Dosiye y’usaba igomba kuba igizwe n’ibi bikurikira:

1.             Ibaruwa yandikiwe Umuyobozi w’inkambi

2.             Inyandiko isobanura umushinga

3.             Ifishi yuzuzwa n’usaba kwitabira amarushanwa

4.             Kopi y’icyangombwa gitangwa na RCA cyangwa RDB cyangwa icyemezo gitangwa n’umuyobozi w’inkambi cyangwa umufatanyabikorwa

Aho kwiyandikisha bikorerwa

Ku mpunzi ziba mu nkambi, kwiyandikisha bizakorwa hifashishijwe Ifishi (Form) yabigenewe iboneka ku biro by’ Umuyobozi w’inkambi.

Ku mpunzi zituye mu mijyi, iyo fishi bazayisanga ku biro bya UNHCR I Kigali (Nyarutarama) cyangwa kuri Community Center iherereye i Gikondo.

Dosiye isaba izatangwa ku biro bya UNHCR biri I Nyarutarama cyangwa ikoherezwa binyuze kuri E-mail:  [email protected]  

NB: – Kwiyandikisha bizatangira taliki ya 18 Nzeri bikazarangira tariki ya

          30 Nzeri 2025.

–                Abagore hamwe n’Abantu bafite ubumuga barashishikarizwa kuzitabira iri rushanwa

Icyitonderwa

1.             Abazatsinda bazahabwa amafaranga azabafasha kuzamura imishinga yabo

2.             Imishinga 120 izahiga iyindi ni yo izahabwa inkunga

3.             Nta mafaranga cyangwa ibindi bisabwa uwiyandikisha mu marushanwa

Ukeneye ibindi bisobanuro yabariza kuri numero zikurikira:

0788592334 cyangwa 0788297702 na 0782133440.