Ibirego n’ibitekerezo

UNHCR itanga urubuga rwizewe, ruha umuntu agaciro kandi rudaheza aho ugomba kumva ufite umutekano. Umuntu wese ufite ibibazo, impungenge, ikirego, cyangwa icyifuzo ahawe ikaze kuvugana na UNHCR cyangwa abafatanyabikorwa binyuze mu miyoboro ikurikira:

  • Abakozi ba UNHCR hamwe  n’abafatanyabikorwa  bakorera mu ntara aho bakirira kandi bagafasha abantu
  • Ku mirongo ya telefoni ya HCR n’iy’abafatanyabikorwa bayo
  • Komite z’impunzi zaho muba, Komite zishinzwe iby’abana hamwe n’abakangurambaga.
  • Abayobozi b’inkambi ba MINEMA
  • Udusanduku tw’ibitekerezo
  • Imeli ya UNHCR ya barizahano@unhcr.org

UNHCR ntiyihanganira na gato uburiganya, ruswa no gukoreshwa imibonano mpuzabitsina utabishaka n’irindi hohoterwa iro ariryo ryose.