IMPINDUKA KU BUFASHA BUGENERWA IMPUNZI

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku biribwa (PAM/WFP) baramenyesha impunzi zose ko ubufasha impunzi zagenerwaga bw’amafaranga yo kugura ibiribwa buzagabanuka bitewe n’igabanuka rikabije ry’inkunga igenerwa impunzi.

Ubufasha bw’ibiribwa butangwa mu mafaranga buzahinduka mu buryo bukurikira:

Mu kwezi kwa Mata (ukwezi kwa 4, 2025), hazabaho igabanuka ry’ibiribwa ku buryo bukurikira:

  • Impunzi zafataga 8,500 Frw zizahabwa 5,600 Frw, abahabwaga 4,250 Frw bazahabwa 2,800 Frw.
  • Iri gabanuka ntabwo rireba bufasha buhabwa impunzi ziri muri gahunda yo kwita ku mirire ku buryo bwihariye, abanyeshuri ndetse n’impunzi zitahuka z’abanyarwanda.

PAM, UNHCR na MINEMA bakomeje gukora ubuvugizi kugira ngo hakomeze kuboneka inkunga ifasha impunzi. Impunzi zirashishikarizwa kurushaho kwitabira no gukora ibikorwa bibafasha kwiteza imbere no kwigira bahereye kuri gahunda igihugu cyabashyiriyeho zo kugerwaho n’ibikorwa by’iterambere.

Mu gihe haba habonetse ubundi bufasha  mu gihe kiri imbere, hazaba impinduka kandi impunzi zizamenyeshwa uko inkunga izaba ingana. 

Murakoze