ITANGANZO : Gufunga Centre Communautaire ya Huye

Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi, riramenyesha abantu bose by’umwihariko impunzi n’abasaba ubuhungiro ko centre Communautaire ya Huye izaba ifunze guhera tariki ya 01 Werurwe 2025. UNHCR n’abafatanyabikorwa bayo bazakomeza gutanga serivisi ariko mu bundi buryo

Ku bufatanye na Prison Fellowship Rwanda (PFR), UNHCR izajya ikora ibikorwa bya protection  isanga abantu aho bahurijwe hamwe kandi impunzi n’abasaba ubuhungiro bazajya babimenyeshwa mbere kugirango bazitabire batange ibibazo byabo.

Imirongo  ya telefone ya UNHCR  hamwe n’iy’abafatanyabikorwa bayo izakomeza gukora kandi impunzi n’abasaba ubuhungiro  bashobora kuyifashisha mu gihe bikenewe.  

UmuryangoSerivisiTelefoni
UNHCRIbibazo byose bidafite umufatanyabikorwa ubishinzwe0788314711Imeli:  [email protected]  
Frison Fellowship RwandaUbufasha mu by’amategeko Gusaba ubuhungiroUbuzima bwo mu mutweAbantu bafite ubumugaAbantu bakuzeAbantu bafite ibibazo byihariye  0783397060
Save the childrenIbikorwa byo kurengera abana Ihohoterwa rishingiye ku gitsina  0791860800

Icyitonderwa : Igihe cyose muhamagara UNHCR cyangwa abafatanyabikorwa bayo, muge mwibuka kuduha nomero ya dosiye yanyu muri UNHCR igaragara ku cyangombwa cyanyu cy’impunzi.

Murakoze